Musenyeri Anaclet Mwumvaneza Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, yashinyaguriye Padiri Edouard Ntuliye kugeza mu ishyingurwa rye

Padiri Edouard Ntuliye na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza

Taliki ya 30 ukuboza 2022 nibwo Padiri Ntuliye Edouard yashyinguwe saa tanu z’amanywa. Yarashinyaguriwe cyane kandi bikorwa na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, umushumba wa Diyosezi ye, ari na we umushinzwe ku rwego rwa mbere, yemwe kurusha n’umuryango avukamo.

Nk’uko mubizi mwese, Nyakwigendera Padiri Edouard Nturiye bitaga Simba yitabye Imana kuwa 26/12/2022 aguye mu bitaro bya Kabgayi nk’uko tubikesha itangazo rya Musenyeri Anaclet Mwumvaneza ryo kuwa 27/12/2022, ryanavugaga ko igihe cyo kumuherekeza mu cyubahiro kizatangazwa nyuma.

Nyamara mu buryo butunguranye, hagaragaye amafoto kuri uyu wa 30/12/2022 yerekana uyu mupadiri ashyingurwa nk’incike, nk’igisambo; mbese nk’umuntu utagira abe wateshejwe agaciro.

Icyo twakwibaza cya mbere ni uko Musenyeri Mwumvaneza Anaclet yabujije ko hatangwa itangazo ry’igihe n’isaha byo guherekeza Padiri Ntuliye Edouard. Byose byabaye mu ibanga rikomeye.

Hari amakuru avuga ko bitwaje ko Ishyirahamwe IBUKA ryazateza imyigaragambyo ashyinguwe mu cyubahiro agombwa, ariko barayibeshyera. Ibi ariko ni urwitwazo rwo gushyira mu bikorwa ubugome cyangwa se agasuzuguro uyu Musenyeri asanzwe agaragariza abapadiri be, ariko yagera mubo mu bwoko bw’abahutu agasya atanzitse.

None se ni ryari IBUKA yigeze ibuza abantu gushyingura ababo bapfuye? Ubundi se ni gute umutegetsi wa Kiliziya ashobora guterwa ubwoba n’igitutu cy’umuryango udaharanira inyungu akabyemera mu gihe byaba bidahuje n’imyemerere ye? Tubona ko ahubwo gushyingura Padiri Ntuliye Edouard mu ibanga bwari uburyo bwo gukingira ikibaba abapadiri bamufungishije, ari nabo ntandaro y’uru rupfu rubi apfuye.

Abo bapadiri twavugamo Padiri Fabien Rwakareke na Padiri Nsengumuremyi Jean Marie Vianney, ingambanyi kabuhariwe zatumye iyi ntungane y’Imana ibambwa, akaba apfuye urupfu rumeze nk’urwa Yezu wasaga n’utagira abe. Icyo tutaramenya neza, ni uruhare rwa Musenyeri Alegisi Habiyambere wari umushumba w’iyi diyosezi, kuko igihe Ntuliye afashwe akanafungwa ari Mgr Habiyambere wayiyoboraga. Gusa tukaba duhamya ko agifungurwa bwa mbere, ubwo urukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri rwamugiraga umwere, yahawe amahirwe yo kujya mu Butaliyani i Roma kuruhuka, aho yashoboraga kuguma nta nkomyi, nyamara agaruka aziko ngo ntacyo yishinja, yibagiwe ko kuba byonyine umuhutu wize, ari icyaha kitababarirwa mu gihugu cy’inkotanyi.

Mu by’ukuri, tugarutse ku myitwarire y’uyu Musenyeri usanzwe uvugwaho ivangura n’itoteza mu bapadiri no mu bakirisitu ashinzwe, nk’uko hari inyandiko zitandukanye yanditsweho; yaba yaririnze ko gushyingura Padiri Edouard Ntuliye ku mugaragaro, byazamura amarangamutima mu bakirisitu n’abandi bantu bamuzi kandi yagiriye neza akabereka koko ko ari intumwa ya Kirisitu, bikaba byari gutuma nyine hagira abatungwa agatoki muri ibyo birura byambaye amakanzu!

Padiri Edouard Ntuliye ntiyari asanzwe! Gukundwa kwe n’abakirisitu no kumenya gusobanura ibintu, byamukururiye urupfu. Ntawagira ikindi cyaha amushinja kandi n’amateka azabisobanura.

Aba bapadiri bombi rero bavuzwe haruguru bakunze kugira ivuzivuzi ku rubuga rw’abapadiri ba Diyosezi ya Nyundo. Nyamara igihe byari bimaze gutangazwa ko Padiri Ntuliye Eduard yitabye Imana, abandi bose baranditse bihanganisha diyosezi n’umuryango bwite akomokamo, nyamara bo bararuca bararumira! Nta shiti kuko bari bazi neza uruhare bagize mu ifungwa no mu rupfu rwa mugenzi wabo. Imitima y’inabi yarabariye, kandi izakomeza ibarye aho baba bagamitse intugu kuri alitari, babeshya abakiristu ko ari abakozi b’Imana. Gusa bashobora kwishushanya imbere y’abantu, ariko ku Mana byo ntibizakunda. Uyu Padiri bagambaniye aka Yuda na Kirisitu, yabatanze ihirwe ry’ijuru, kandi ku munsi w’urubanza nta kabuza bazabibazwa.

Ikindi kintu gitangaje, ni ukwanga ko Padiri Eduard Ntuliye asomerwa missa muri Cathédrale, yanabereye Padiri Mukuru. Ibi byakozwe na Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, mu rwego rwo gushinyagurira uyu mupadiri, kuko umupadiri witabye Imana aherekezwa muri Cathédrale kugirango asezerweho bwa nyuma na bagenzi be basangiye ibanga rya gisaseridoti.

Musenyeri Anaclet Mwumvaneza yategetse ko missa isomerwa muri chapelle y’ababikira ba Mutagatifu Visenti. Ni muri iyo mfunganwa bajyanyemo Padiri Edouard Ntuliye batitaye ku buryo yitangiye diyosezi ya Nyundo. Hari Abakirisitu bashoboye kumenya inkuru y’ishyingurwa rye, n’ubwo bari batunguwe, bagerageje kuza kumuherekeza, bararindagizwa kugirango batamuha icyubahiro akwiye.

Twibutse ko Musenyeri Anaclet Mwumvaneza asanganywe uwo muco mubi wo kwigamba ndetse no gushinyagurira abapfuye. Ku italiki ya 17/02/2020 abapadiri be 3 bari kumwe mu modoka baguye mu kantu bumvise afite agatwenge ko kwishimira urupfu rwa Kizito Mihigo. Umuntu uri ku rwego rwo kuba ari umushumba wa diyosezi, hari nibura ubwenge bw’ibanze agira, burimo no gucunga amarangamutima ye, kugirango atagira abo agusha cyangwa azimiza, nk’uko Yezu yavuze ko mubo yahawe nta numwe yajimije.

Ese ni uburwayi Musenyeri Mwumvaneza Anaclet afite cyangwa ni ubugome yavukanye? Ese ko umunyarwanda yavuze ngo:  » Nta gahora gahanze », uyu mushumba ajya afata akanya agatekereza ku iherezo rye kimwe n’iry’abambari be?

Umwanditsi:
Akarinyuma Ladislas.

Publié par UMUHANUZI

Peuple Rwandaises, Rwandais. Amis du Rwanda Votre site www.leprophete.fr est né le 01/01/2011. Pour célébrer une année réussie, nous sommes heureux de partager avec vous cette collection de certains de nos articles préférés. Ils s'intitulent "77 Secrets Politiques" publiés sur ce site dans toutes les catégories de juillet à novembre 2011. Ce site a commencé faible comme n'importe quel autre bébé. En très peu de temps, cependant, elle s'est arrêtée, a commencé à marcher sur ses deux jambes sans ne même pas ramper. Quand elle a atteint cinq mois, elle a été sevrée, elle a passé 3 jours au lit, et nous-mêmes avions peur en pensant que c'était fini, et elle était éveillée en bonne santé, et le voici maintenant à la fin de l'année. Ceux qui le voient sont surpris d'apprendre qu'il n'a qu'un an car, en termes de statut et de fonctionnement, il a au moins cinq ans. Votre site Web n'a jamais été prive la parole à qui que ce soit. Même ceux qui ont insulté leurs fondateurs, leur ont menti et les ont menacés. Heureusement, ces lecteurs ont été incapables de négocier avec les autres et ont choisi d'insulter, de mentir et d'utiliser des menaces pour réduire l'intensité, jusqu'en juillet 2011, ils ont disparu. Vous ne savez même pas où ils sont. Dans sa 2ème année, le site www.leprophete.fr poursuivra avec les objectifs suivants : 1. Donner aux Rwandais un site Web où ils peuvent exprimer librement leurs opinions, personne ne peut rivaliser. 2. Donner des idées constructives qui favorisent : l'indépendance de chaque Rwandais, la démocratie, la justice, les droits de l'homme, le bien-être social dans les villes et les zones rurales, l'unité et la réconciliation,...» 3. Se concentrer sur l'histoire et les lois du Rwanda, actuelles et passées, afin de persuader les Rwandais, à commencer par les jeunes. 4. "Analyser les signes des temps" nous avons inclus, appelant les Rwandais à échanger des idées sur ce qu'il faut faire pour faire face à l'avenir. Lecteurs, amis, rwandais, rwandaises, amis du Rwanda, continuez à nous soutenir de cette manière : lisez-le, aimez-le, lisez-le et encouragez les autres ; vous envoyer des textes et dire (écrire) ce que vous pensez de ce que vous avez publié (commentaires). Ce serait aussi bien s'il y avait des gens qui décidaient de prendre le document publié dans cette langue (kinyarwanda, français ou anglais), et de le traduire dans d'autres langues, afin que ceux qui ne connaissent pas la langue du document original puissent aussi apprendre quelque chose sur les tendances de notre beau pays. , le Rwanda nous a donné naissance. Nous tenons à rappeler à ceux qui le souhaitent et le peuvent qu'ils peuvent également soutenir financièrement cette organisation. "La pauvreté n'est pas un péché, mais une tragédie". Cependant, cela n'empêchera pas le site Web de poursuivre ses objectifs; et si nous nous unissons, nous l'écraserons, nous le gagnerons, non seulement sur ce site, mais aussi au Rwanda. Nous pouvons y parvenir en éliminant la cause de la pauvreté. Si nous continuons à mettre en commun toute l'énergie dont nous disposons (spirituelle, intellectuelle et manuelle) il ne fait aucun doute que nous gagnerons. Nous vous souhaitons une bonne fin d'année 2011, un bon début, une bonne continuité et une bonne fin d'année 2012. Puissiez-vous être bénis avec de nombreuses bénédictions. Que Dieu continue de protéger le Rwanda et les Rwandais. Abbé Thomas Nahimana

Laisser un commentaire

Entrez vos coordonnées ci-dessous ou cliquez sur une icône pour vous connecter:

Logo WordPress.com

Vous commentez à l’aide de votre compte WordPress.com. Déconnexion /  Changer )

Photo Facebook

Vous commentez à l’aide de votre compte Facebook. Déconnexion /  Changer )

Connexion à %s

%d blogueurs aiment cette page :